i Kigali Internet ya Canal Box mu bibazo: abakiriya bavuga ko imaze ukwezi igenda nabi
Abafatabuguzi ba internet ya Canal Box barinubira imikorere yayo muri iyi minsi, bavuga ko iri kubateza ibibazo bikomeye mu buzima bwabo bwa buri munsi n’akazi.
Umugabo umwe utuye mu Karere ka Kicukiro, utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko internet ya Canal Box imaze igihe igenda nabi, aho icika kenshi kandi n’iyo ibonetse ikagenda gahoro cyane. Yagize ati:
“Ni ikibazo kimaze hafi ukwezi kose, bigenda gutyo. Hari igihe ushobora kumara iminota myinshi nta murongo uhari, wagera no kuboneka ugasanga ntacyo wakoresha.”
Yakomeje agira ati:
“Twagerageje kubihanganira twibwira ko ari ikibazo cy’igihe gito, ariko uko iminsi igenda ishira niko kirushaho gukomera.”
Undi mugore na we utuye mu Murenge wa Kigarama, mu Karere ka Kicukiro, yavuze ko ibyo bibazo byamugizeho ingaruka mu kazi ke. Asobanura ko akora akazi gakeneye internet, ariko Canal Box ikaba idakora neza, bikamugora gutanga serivisi ku gihe. Yagize ati:
“Akazi kanjye gashingiye kuri internet, iyo idakora neza bituma ntatanga serivisi uko bikwiye, bikarangira nabuze abakiriya.”
Yongeyeho ati:
“Byabaye ngombwa ko ntangira gukoresha internet yo kuri telefoni yanjye cyane, nubwo bihenze, kugira ngo nkomeze akazi. Biradutwara amafaranga menshi tutari twateganyije.”
Aba bakiriya bombi bavuga ko ibi bibazo bitari bisanzwe, kuko kuva bafata ifatabuguzi rya Canal Box batari basanzwe bagira ibibazo nk’ibi. Umwe muri bo yavuze ati:
“Maze imyaka irenga itatu nkoresha Canal Box, sinari narigeze mpura n’ikibazo nk’iki. Ni ubwa mbere bibayeho ku buryo bukabije gutya.”
Bose bahuriza ku kuba bibaza impamvu ubuyobozi bwa Canal Box butaratanga itangazo risobanura ikibazo gihari cyangwa ngo bumenyeshe abakiriya uko cyakemuka. Umwe muri bo yagize ati:
“Twifuzaga nibura ko baduha ibisobanuro, tukamenya niba ari ikibazo rusange cyangwa niba hari icyakorwa. Kwirengagiza abakiriya si byo.”
Kugeza ubu, Angels ntirabasha kuvugana n’ubuyobozi bwa Canal Box ngo bugire icyo bubivugaho.
Ubwanditsi
